Ishyaka Democratic Green Party ryakoresheje biro politiki n’amahugurwa

Tariki ya10-11 Gicurasi, Ishyaka  Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije (Democratic Green Party Rwanda) ryakoze inama ya biro politiki n’amahugurwa .

Mu gutangiza ayo mahugurwa Hon.Dr Frank Habineza, Umuyobozi  w’Ishyaka Democratic Green Party, yahaye ikaze  abarwanashyaka ababwira ko bamwe baherukana umwaka ushyize mu gihe cy’amatora ya Nyakubahwa , perezida wa repuklika n’abadepite. Yerekana abadepite na senateri bahagarariye ishyaka Green Party mu Nteko.

Ati: ”Dufite icyizere gikomeye cyane ko  ishyaka ryacu rizakomeza gukorana na leta muri gahunda zose z’iterambere   , igihe kirageza ko ishyaka ryongere ngo  rikore neza cyane ko abenshi duherukana  mu gihe cy’amatora , nyuma yayo matora turi kunoza imishinga yo guteza imbere abari n’abategarugori muri rusange.”

Amwe mu mafoto y’Abarwanashyaka Green Party

 

Source photos:Uwitonze Captone/Journa Gasabo

Nyuma y’amatora aheruka y’umukuru w’igihugu n’abadepite, umwaka ushize  abarwanashyaka ba Green Party bongeye guhura  batora  abakomiseri 13 bagize iryo shaka ,komiseri mukuru yongeye kuba senateri Mugisha Alex.

Nyuma y’icyo gikorwa Hon. Habineza Frank, perezida w’ishyaka yibukije abarwanashyaka ideology y’ishyaka naho Hon. Ntezimana Jean Claude  avuga kuri manifesto yaryo.

Dr. Frank Habineza, Perezida w’ishyaka yibukije abarwanashyaka  gukomeza kuzirikana amahame y’ishyaka ryabo bagaharanira demokarasi, gukemura amakimbirane mu buryo bw’amahoro bityo iterambere rikihuta ndetse no  gukomeza kurengera ibidukikije.

Uwitonze Captone

 595 total views,  786 views today

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *