Kigali:Croix Rouge y’u Rwanda yashyikirije impamyabumenyi abanyeshuri basaga 90 ku bijyanye n’ubutabazi bw’ibanze

Muri gahunda za Croix Rouge y’u Rwanda  nk’umufasha wa leta harimo kwigisha abaturage cyane cyane urubyiruko ubutabazi bw’ibanze.

Ni muri urwo rwego tariki ya  22 Nyakanga 2025  mu Karere ka Kicukiro muri kaminuza ya  UNILAK,  abanyeshuri  basaga 90 bashyikirijwe impamyabumenyi zabo ku bijyanye n’amahugurwa y’ubutabazi bw’Ibanze bahawe na Croix Rouge y’ u Rwanda

Kubera ko aba bose bari abanyamuryango bashya,  bafashijwe  gushyiraho komite ya Section Jeunesse  kuko iyari ihari yari  icyuye igihe .

Mu masomo  bahawe  harimo gufasha uwavunitse bakamurinda kubyimbirwa, guhagarika amaraso ku wakomeretse n’ubundi bufasha bukorwa mbere y’ uko imbangukiragutabara imugeraho.

Umwe mu bahuguwe ati: “Amahugurwa twahawe  ni ingirakamaro  byumvikane ko aya masomo y’ ubutabazi bw’banze twahawe na Croix Rouge tumenye uko tuzitwara mu gufasha uwahuye n’impanuka, mu gihe ataragezwa ku bitaro .”

Uwitonze Captone 

 772 total views,  9 views today

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *