Mu Rwanda umunsi mpuzamahanga w’ibiribwa ku isi uzabera mu Karere ka Nyamagabe

Byatangajwe kuri uyu wa  16 Ukwakira 2025  na Dr.Ndabamenye telesphore , Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI), mu kiganiro  yagiranye n’abanyamakuru cyagarukaga ku kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’ibiribwa, wizihizwa tariki ya 16 Ukwakira buri mwaka.

Yavuze ko kubera  impurirane n’umunsi mukuru  w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku biribwa n’Ubuhinzi (FAO), uwo munsi u Rwanda ruzawizihiza tariki ya 24 Ukwakira mu Karere ka Nyamagabe .

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI), Dr.Ndabamenye Telesphore yabwiye itangazamakuru  ko Guverinoma y’u Rwanda ikomeje guhunda yo guhangana n’ikibazo cy’ibura ry’ibiribwa kuko hari imiryango myinshi mu Rwanda itarabasha kubona ibiribwa bihagije.

Ati:”Dufite gahunda ihamye ko icyo twita “Food Security ” cyagera kuri buri Munyarwanda  kuko Minisiteri w’Ubuhinzi n’ubworozi, ishaka ko umuturage agira ubuzima bwiza, bukomoka ku buhinzi n’ubworozi butanga umusaruro mwiza.Akaba ariyo mpamvu dukangurira  abahinzi n’aborozi kubikora kinyamwuga, gukora cyane ngo bagere ku musaruro mwiza, no gukoresha neza inyongeramisaruro kandi Leta yashyize imbaraga mu kongera nkunganire ku mafumbire akenewe ngo umusaruro wiyongere.“”

Yakomeje avuga ko MINAGRI na  FAO , bafite  inshingano zireberera abaturage kuko bakorana neza kugirango abaturage babone ibiribwa bihagije .

Ati:”Ku isi haravugwa ibura ry’ibiribwa kumwe no  muri Afrika cyane cyane mu bihugu biri munsi y’ubutayu .Mu  Rwanda naho  umubare w’abaturage batabona ibiryo bihagije ugenda uzamuka nka MINAGRI n’abafatanyabikorwa twafashe  ingamba zo kurwanya ubukene.Nubwo COVID yadukomye mu nkokora ariko hari ingamba zafashwe kugirango umuturage abone ibiribwa ku kigero gishimishije. Hari  gahunda yo gutera ibiti biribwa  by’amoko 5 mu bigo by’amashuri ,gutanga amatungo magufi : inkoko, ingurube n’inkwavu  no kugaburira abana ku mashuri.Kubera imihindagurikire y’ikirere dufite gahunda yo gutera ibiti gukora amaterasi y’indinganire ndetse no kuhira imyaka mu buryo bwo  kunganira imvura mu gihe itaguye. Hari gahunda yo  kongera ubworozi bw’amafi  kandi twatangiye no gukora ubushakashatsi bw’imbuto z’indobanure mu rwego rwo guhangana na  gahunda yo guhuza ubutaka.”

Dr.Christine Mukantwali yabwiye itangazamakuru ko Umuryango w’Abibumbye ushinzwe ibiribwa n’ubuhinzi ku isi ( FAO ) ukorana na MINAGRI  mu mishinga  myinshi yo gufasha abahinzi gukora neza kandi ikabafasha kugira umusaruro mwiza no gukora ubukangurambaga mu baturage ngo barye neza cyane cyane ibiribwa bitarimo amavuta menshi.

Ku rwego rw’Isi imibare y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Ubuhinzi n’Ibiribwa ku Isi (FAO), ritangaza ko abantu basaga miliyoni 733 ku Isi bafite inzara, muri bo miliyoni 55 ni abo ku Mugabane w’Afurika.

FAO kandi igaragaza ko miliyari 2,8% z’abatuye Isi batabona  ibiribwa mu buryo bwuzuye.

Uwitonze Captone

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *