Umutwe FDLR kuva mu ndiri yo mu mashyamba ya CONGO

Brig Gen Gakwerere wa FDLR arimo gusakwa n’umupolisi w’u Rwanda nyuma y’uko M23 imushyikirije u Rwanda 

Bivugwa ko FDLR igizwe ahanini n’abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, bahora bifuza kugaruka mu Rwanda gusoza umushinga basize batarangije neza, wo gutsemba icyitwa Umututsi ari nayo mpamvu igomba gusenwa burundu.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku wa 24 Nzeri 2025, rihuriweho na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, u Rwanda, Togo, Leta ya Qatar na Afurika Yunze Ubumwe.

Rigaragaza ko hari inama y’iminsi ibiri yahuje abahagarariye u Rwanda na RDC n’izindi mpande zose yabaye ku wa 17-18 Nzeri 2025. Bahuye ku nshuro ya kabiri i Washington bagamije kwihutisha ishyirwa mu bikorwa ry’Amasezerano y’Amahoro yashyiriweho umukono i Washington ku wa 27 Kamena 2025 hagati ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Repubulika y’u Rwanda.

Mu byaganiriweho harimo ishusho y’ibibera ku rugamba n’amakuru y’ubutasi azashingirwaho mu gushyira mu bikorwa ibikubiye muri gahunda y’ibikorwa [CONOPS] igamije kurandura burundu umutwe wa FDLR n’imitwe yitwaje intwaro.

U Rwanda na RDC byashimangiye ko mu gihe FDLR izaba yaranduwe burundu, u Rwanda ruzakuraho ingamba z’ubwirinzi.

Impande zombi kandi zemeranyije kuri gahunda y’ibikorwa bya gisirikare [Operation Order] igamije kwihutisha iyubahirizwa rya CONOPS.

Riti “Impande ziganira zemeranyije gutangira ishyirwa mu bikorwa rya gahunda y’ibikorwa bya gisirikare [Operation Order] ku wa 1 Ukwakira 2025.”

Reuters yanditse ko amakuru yahawe n’abantu batatu bafite aho bahuriye n’ibi biganiro yemeza ko ingamba zose zigamije kugarura amahoro hagati y’u Rwanda na RDC zigomba gushyirwa mu bikorwa bitarenze impera za 2025.

Amakuru avuga ko ibikorwa bya gisirikare [bizakorwa na FARDC] byo kurandura burundu umutwe w’iterabwoba wa FDLR bizatangira hagati ya 21 na 31 Ukwakira 2025.

Biteganyijwe ko imirimo ya JSCM izarangira mu minsi 90, kuko ni bwo biteganyijwe ko ibikorwa byo gusenya FDLR no gukuraho ingamba z’ubwirinzi u Rwanda rwashyizeho bizaba birangiye.

Byatangajwe ko iminsi 90 ivugwa mu masezerano y’amahoro yari yashyizweho yo gusenya FDLR n’indi mitwe ikorera mu Burasirazuba bwa RDC itahise itangira kubarwa amasezerano agishyirwaho umukono, ahubwo yatangiye kubarwa kuva igihe inama ya mbere ya JSCM yateraniye muri Kanama 2025.

Ni kenshi ibyegeranyo by’Umuryango w’Abibumbye (UN) byagiye bivuga ko FDLR ari umwe mu mitwe yitwaje intwaro urwana ku ruhande rw’igisirikare cya Leta ya DR Congo, FARDC mu ntambara barwanamo n’umutwe wa M23 uvuga urwanira uburenganzira bw’abanyekongo bavuga ikinyarwanda cyane abo mu bwoko bw’abatutsi bakunze guhezwa mu gihugu cyabo bitwa abanyamahanga.

Ni kenshi kandi Leta y’u Rwanda yagiye ishinja Leta ya DR Congo gucumbikira, guha intwaro, ibiribwa n’ibindi byose bikenewe uyu mutwe ugamije guhungabanya umutekano warwo, rimwe na rimwe ukaba waragiye unagaba ibitero mu duce dutandukanye twegeranye na DR Congo gusa bagasubizwa inyuma n’ingabo z’u Rwanda.

Mu minsi ya vuba Leta ya DR Congo yari yemeye ko igiye gutangira ibikorwa byo gusenya uyu mutwe, ibyo benshi bafashe nk’ikinamico kuko ngo abarwanyi na FDLR bamaze kwihuza neza n’igisirikare cy’iki gihugu ku buryo ngo no mu barinda Perezida Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo harimo abasirikare ba FDLR.

Leta y’u Rwanda yakunze kugaragaza aho ihagaze kuri iyi ngingo ivuga ko idateze kuganira n’uyu mutwe washyizwe ku rutonde rw’imitwe y’iterabwoba na Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse bakaba biganjemo abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda. Leta ivuga ko amarembo akinguye ku bashaka gutaha kandi ko hari benshi batashye bakanyizwa i Mutobo aho batorezwa bagafashwa gusubira mu buzima busanzwe.

 

 

 2,598 total views,  10 views today

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *