Ruhango:Ishyaka Green Party ryahuguye abarwanashyaka baryo mu bijyanye no kubungabunga ibidukijije n’ikoranabuhanga

Tariki ya 16 Ugushyingo 2025, ibikorwa by’ishyaka  Green Party byakomereje mu karere ka Ruhango .Mu gutangiza  ayo mahugurwa  Mugisha  Alexis  komiseri mukuru yabwiye abarwanashyaka ko intego  aruko   bagira imyumvire imwe ku ngengabitekerezo y’ishyaka  Green Party .
Mu bijyanye no kubungabunga ibidukikije  Madame Uwera Jacqueline, komiseri ubishinzwe muri iryo shyaka yabwiye abarwanashyaka kugira  uruhare mu kurengera ibidukikikije.
Yibanze cyane ku ruhare rw’abagore kubera imbaraga basanganywe mu muryango nyarwanda ,abibutsa ko kubungabunga ibidukikije bituma igihugu kigira ubukungu buteye imbere mu buryo burambye kuko abaturage baba banafite ubuzima bwiza bakesha ibidukikije bibungabunzwe neza.
Ati:”Mugomba gukumira ikintu cyose cyahumanya ikirere ndetse cyananduza amazi y’imigezi ,ibiyaga n’inzunzi .Mugomba kwirinda  gutema ibiti nk’ibidafite akamaro, kudata imyanda aho bibujijwe, gukoresha ibintu bishobora gusubirwamo (ibibora), gukoresha amazi n’ingufu mu buryo buboneye, gukangurira abandi gukora ibikorwa byiza ku bidukikije. Kuko kurengera ibidukikije atari inshingano y’abashinzwe iby’ibidukikije gusa ko ari inshingano ya buri wese.”
 BatsindaJuliet , umunyamabanga muri Komisiyo y’itumanaho muri mu ishyaka Green Party yasobanuriye abarwanashyaka uruhare rwabo mu bijyanye n’ikoreshwa ry’imbunga nkoranyambaga yabasabye kuzikoresha mu nyungu z’ishyaka n’igihugu.
Ati:”Mu bijyanye nizo mbuga nkoranyambaga mugomba  kwitwariraka mu ikoreshwa ryazo ,kuko iyo zikoreshejwe nabi bigira ingaruka mbi ku ishyaka no ku gihugu muri rusange. Byumwihariko mugomba kuzikoresha neza mugaragaza aho igihugu cyavuye naho kigeze, haba muri politike ndetse n’iterambere ryacyo .Mwe rubyiruko  muri rusange mugomba gufata iya mbere mu kunyomoza abagoreka amateka y’igihugu ndetse mukabamaganira kure .”
Muri iki gihe ishyaka Green party  mu rwego rwo guhugura  abarwanashyaka baryo haba n’igikorwa  cy’amatora y’ inzego nshya zihagararira iri shyaka mu karere no ku rwego rw’umurenge ndetse hagatorwa abahagararira urubyiruko abagore ndetse na komite y’akarere.
Uwitonze Captone

 825 total views,  825 views today

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *