Umushinga ugamije kongera ubushobozi mu micungire y’ubutaka
Mu mwaka wa 2019, Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’Ubuholandi yatangije umushinga witwa “Land-at-scale” akaba ari umushinga ugamije gutanga umusanzu mu ishyirwa mu bikorwa ry’ingamba z’Umuryango w’Abibumbye (UN) zirimo “Intego z’Iterambere Rirambye (SDGs)”; umushinga ukaba waribanze mu guteza imbere inzego zishinzwe ubutaka no kwigisha uburenganzira ku butaka cyane cyane mu bihugu biri mu nzira y’amajyambere.
Uyu mushinga ugamije kugera ku bintu bine by’ingenzi bikurikira:
1. Umushinga uzatera inkunga mu ivugururwa rya rejisitiri y’ubutaka (LAIS) hagamijwe kuyijyanisha n’igihe
2. Gushyira mu bikorwa gahunda yo gukoresha neza ubutaka
3. Kunoza uburyo bwo gukemura amakimbirane ashingiye ku butaka ku rwego rw’igihugu
4. Kongerera ubumenyi abakozi hagamijwe kunoza no guteza imbere imicungire inoze y’ubutaka.
Icyerekezo cy’uyu mushinga mu ntego enye zavuzwe haruguru kizatuma ikigero cya servisi z’ihererekanya ry’uburenganzira ku butaka rikorwa imbere ya noteri mu by’ubutaka kiyongera. Uyu mushinga kandi ufite intego zo gushyigikira Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubutaka muri gahunda zo kwita ku mihindagurikire y’ikirere, ku ihame ry’uburinganire no ku igenamigambi ry’imikoreshereze y’ubutaka bwo mu byaro.
Ingamba z’umushinga
Hari intego n’ibikorwa byihariye kuri gahunda enye z’umushinga zitandukanye nk’uko byasabwe mu masezerano ngenderwaho ya RVO. Izo ngamba zikaba zikaba ari izi zikurikira:
1. a. kubona uruhushya rwa Minisiteri bireba kuri gahunda kugirango Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubutaka kigire gahunda y’ubucuruzi ihamye kandi itunganyijwe neza. [PS1A]
1. b. Guteza imbere ubufatanye hagati ya minisiteri bireba nk’uko ziri mu masezerano n’amabwiriza ngenderwaho. [PS1B]
2. a) kumenya ibibazo by’ingenzi abaturage bahura nabyo mu gukemura amakimbirane ashingiye ku butaka binyuze mu nama z’imiryango, abayobozi mu nzego z’ibanze, abunzi, abagize komite z’ubutaka ku rwego rw’akagari, POSTBUS 9046, 7300 GH APELDOORN WWW.KADASTER.NL Date 9 augustus 2022 Title INCEPTION REPORT Version 0.3 Page 7 van 19 primary courts and other relevant stakeholders; [PS3A]
2. b. kubaka ubushobozi bw’Abunzi, ubwa komite z’ubutaka ku bwego rw’akagari n’abandi bose bashinzwe gukemura amakimbirane ashingiye ku butaka kugirango bajye bafata ibyemezo bikwiye mu gihe bakemura ibibazo bijyanye n’ubutaka.
3. Ibigo by’ingenzi bifite aho bihuriye n’imicungire n’imikoreshereze y’ubutaka mu Rwanda bigomba kujya bitanga kandi bikanahanahana ubumenyi n’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubutaka.
Ingingo ya 22 igira iti “Ihererekanya ry’uburenganzira ku butaka, mbere y’uko rikorwa, ryemezwa n’abanditse ku nyandikompamo z’ubutaka bose. Icyakora, ihererekanya ry’uburenganzira ku butaka abashyingiranywe bahuriyeho, ryemezwa n’abashyingiranywe bombi n’iyo umwe muri bo yaba atanditse ku nyandikompamo z’ubutaka”
Ibibazo by’amakimbirane afitanye isano n’imbibi byimuriwe mu Kigo Gishinzwe Imicungire n’Imikoreshereze y’butaka (RLMUA) nk’urwego ruzaba rushinzwe kuyakemura mu gihe byajyaga bijya mu nkiko.
Umuyobozi w’iki kigo, Mukamana Espérance, yabwiye itangazamakuru ko bizafasha abaturage kureka gusiragira mu nkiko aho wasangaga byarabaye byinshi.
Ni mu gihe ariko iki kigo cyanenzwe n’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta muri raporo ya 2019/2020 ko amakosa y’imbibi mu byangombwa by’ubutaka ateye inkeke ariko ubuyobozi bwacyo bukavuga ko byaterwaga n’ibikoresho byifashishwaga mu gupima ubutaka bifite ubushobozi buke, none ubu kikaba cyarabonye ibya kabuhariwe.
Izindi mpinduka ziboneka mu bijyanye n’inkondabutaka (uburyo bwo gutunga ubutaka bushingiye ku masezerano leta igirana n’umuntu imuha uburenganzira busesuye kandi bwa burundu), aho yagabanyijwe ikagera kuri hegitari ebyiri mu gihe itegeko rya mbere ryagenaga hegitari eshanu ku muntu.
Ku rundi ruhande, itegeko rishya rigena ko ubutaka umuntu yarazwe, yazunguye, yaguze, yahawe nk’impano, ingurane, ubwo akomora ku isaranganya cyangwa yahawe n’ubuyobozi bubifitiye ububasha, abutunga mu buryo bw’ubukode burambye cyangwa inkondabutaka.
Icyo gihe cy’ubukode burambye bw’ubutaka kikaba cyiyongereye ariko kitagomba kurenza imyaka 99 aho ku munyarwanda kikazajya cyongerwa atagombye kubisaba.
Itegeko no 27/2021 ryo ku wa 10/6/2021 rigena uburyo bwo kubona ubutaka, kubwandikisha, kubutanga, kubuhererekanya, kubucunga no kubukoresha risimbuye iryari risanzwe ryo mu 2013, rikaba ryaratangiye gukurikizwa.
Uwitonze Captone
348 total views, 60 views today

