Amahererezo y’inzoga bita Dundubwonko n’icyuma ni ahe

Umucurunzi yafashe inanga ye araririmba  ngo “Bucya kukira amaherezo azaba ayahe”.None  abanywi  bishwe n’inzoga bita Dundunko , Bareteta , Umumanurajipo , Yewemuntu na Muhenyina amaherezo azaba ayahe?

Zimwe muri izi nzoga  ntizihenze kuko  zigura hagati ya 400  n’igihumbi (1000  frw)   cyangwa 1500 frw, benshi mu bazinywa zibangiriza ubuzima kubera kuzinywa bisa nko kuziyahuza cyane ko hari abazinywa batariye.

Ingero z’abo zimaze guhitana ni benshi:Tariki ya 19 Werurwe 2025 mu Mudugudu wa Kanyinya mu Kagari ka Mutsinda mu Murenge wa Gashanda mu Karere ka Ngoma, umugabo  w’imyaka 33 yategewe kunywa amacupa arindwi y’izi nzoga kuko abo bari kumwe bemezaga ko atayamara, bamubwira ko nayamara bari buyishyure.

Abari bitabiriye uwo mukino bemeza ko uwo mugabo  ageze ku gacupa ka gatanu  ari bwo yamerewe  nabi bamujyana kwa muganga birangira yitabye Imana.

Mu Karere ka Musanze tariki ya 8  Nyakanga 2025  uwitwa Ryarambabaje yitabye Imana azize inzoga  , abaturage  bavuga ko batunguwe n’urupfu rwe nyuma yo kuba ku Cyumweru yari yiriwe ari kunywa inzoga z’inkorano zirimo ‘Nzoga ejo’  ndetse na ‘Cana rumwe’ muri santere ya Gatyata iherereye mu mudugudu wa Gakenke akagari ka Nturo mu murenge wa Rwaza, agakomereza mu bukwe bw’umuturanyi wabo.

Abaturage  bavuga kuba zica abazinywa ubuziranenge  bw’izo nzoga  buba  butizewe  bitewe  n’uburyo zengwamo ndetse  n’ibyo abazenga  bashyiramo  bikaba  bishobora  kuzagira  ingaruka  ku buzima bw’uwazinyoye.

Umwe ati: “ Numva bavuga ngo bashyiramo amatafari ahiye, pakimaya, amajyane n’ibindi bintu bisaza ubwonko  waba uyinyoye mu gitondo ukabyuka wavunaguritse , umutwe wabaye saramala ntujye gukora!”

Impamvu abo basinzi bazikunda kugeza n’ubwo bamwe zibahitanye  ngo   akenshi usanga    zigura  make,    bityo bakazinywa  batitaye ku  ngaruka  zishobora kubagiraho.

Uwitonze Captone 

 719 total views,  722 views today

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *