Croix-Rouge Rwanda:Barakangurira abaturage gukomeza kwirinda icyorezo cya Covid-19

 

Inzego z’ubuyobozi  z’Umuryango wita ku mbabare, Croix-Rouge Rwanda, zifatanyije  n’inzego za leta bari ku rugamba  rwo gukangurira abaturage gukomeza kwirinda no  kurwanya icyorezo cya Coronavirus.

Ibi byatangajwe na Perezida wa Croix-Rouge Rwanda, Dr. Bwito Paul, wabwiye  ikinyamakuru Gasabo  ko bafatanyije n’inzego za Leta, bari kubwira abaturage  ko batagomba kwirara kuko icyorezo cya Covid-19 kigihari .

Ati “:Nubwo imirimo imwe n’imwe yasubukuwe   kwirinda Covid-19 biracyakomeza .Dufatanyije na komite za Croix-rouge z’uturere ndetse n’inzego z’ibanze za leta tuributsa abaturage gukomeza gufata ingamba  umunsi ku wundi, birinda Corona virus bakurikiza amabwiriza bahawe nko: Gukaraba intoki kenshi bikinjira  mu buzima  bwabo bwa buri munsi, kwirinda gusuhuzanya n’ibiganza kuko uwo muco wa kera ugomba gucika .”

Dr. Bwito Paul, Perezida wa Croix-Rouge Rwanda yabwiye ikinyamakuru Gasabo  ko , muri iki cyumweru gishize ubukangurambaga bwabereye  mu Turere twa Rubavu , Ngororero na Nyabihu.

Dr. Bwito Paul ati:”Croix-rouge Rwanda  nk’abafatanyabikorwa ba Leta, duhora twiteguye gutanga ubufasha bwose yaba inkunga z’ibiryo , ibikoresho ndetse n’ibiganiro .”

 

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *