Musanze :Ubwandu bw’agakoko gatera Sida buri ku kigero cya 0,9%.

Ibi byatangajwe na Dr Hirwa Aimé , umuyobozi wungirije w’ibitaro bya Ruhengeri ari kumwe na Musabyimana Francois ushinzwe imicungire y’abakozi n’ubutegetsi mu karere ka Musanze  mu kiganiro n’abanyamakuru bibumbiye mu Ishyirahamwe ABASIRWA, mu rwego rwo gukora ubuvugizi  mu  kwirinda agakoko gatera  Sida.

Kubera ko umujyi wa Musanze , ukura buri munsi kuko  ari umujyi w’ubukerarugendo, abantu bawuzamo ni benshi.Kubera ko abantu barya, bakanywa bagakenera indaya , abaturage bakanguriwe  kwirinda SIDA.

Mu rugendo abanyamakuru bibumbiye mu ishyirahamwe ABASIRWA, bakoreye mu Karere ka MUSANZE , basuye ibitaro bya Ruhengeri baherekejwe  n’ubuyobozi  bw’akarere ka Musanze.Nyuma uruzinduko rusozwa  n’ikiganiro n’abakora umwuga w’uburaya.

 

Dr Hirwa Aimé, Umuyobozi  wungirije w’ibitaro bya  Musanze yabwiye abanyamakuru ko bashyizeho gahunda nziza yo korohereza abaza ku bitaro gufata  imiti igabanya agakoko gatera Sida

Ubuyobozi bw’akarere bwatangaje ko  abakora uburaya mu karere ka Musanze muri rusange bagera kuri  316, abamaze kwandura Virusi itera Sida ni 85. Bavuga ko kuba muri bo abenshi ari bazima ngo bibongerera imbaraga zo gukomeza kwirinda ubwandu bushya bakoresha agakingirizo.

Naho abakora umwuga w’uburaya muri ako Karere batangaje ko  ubwabo  bamaze kuba benshi, ariko bamwe muri bo bifuza kubuvamo ngo bakazitirwa n’ubukene. Ngo indaya zimwe zikorera mu bwihisho kuri telefoni, izindi zikabikora  ku mugaragaro .Ariko ngo kubera  ko ziziranye ziriyegeranya zigahurira mu ishyirahamwe.

Uhagarariye iryo shyirahamwe, yatangarije abanyamakuru  ko umubare w’abakora uburaya ugenda wiyongera. Cyakora ngo bifuza ko ubuyobozi bw’Akarere kaMusanze bwareka kubaha inoti ya bitanu( 5.000 frws) mu gihe batumiwe mu nama ahubwo  bukabafasha kubaha igishoro cy’amafaranga bakabasha kwihangira imirimo, bagasohoka mu buraya.

Bamwe muri abo bagore bakora umwuga w’uburaya bavuga  ko kugira ngo  babireke  bitoroshye.

Umwe ati “ Ntabwo dukora uburaya kuko tubukunze, ahubwo tubikora dushaka imibereho kubera ubukene,nta kiza kiba muri uy’umwuga kuko harimo benshi bakuramo ubwandu bwa SIDA n’izindi ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina”.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze buvuga ko , aba bagore bakora umwuga w’uburaya bibumbiye muri koperative, nkuko byabyivugira kandi ko  buyizi kandi ko bakunze kuyifashisha mu gihe cy’inama yo gukangurira bagenzi babo kuva mu buraya.

Musabyimana Francois,  ushinzwe imicungire y’abakozi n’ubutegetsi mu karere ka Musanze  avuga ko ikibazo bakizi ko hari indaya nyinshi, ariko ngo hari imishinga nterankunga bari gukorana nayo izabigisha  imyuga itandukanye  bigatuma biteza imbere bakava mu buraya.

Uwitonze Captone

 

 1,912 total views,  1 views today

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *