Mafia y’ubusahuzi muri Association des Parents pour l’Education et la Formation des Enfants (APEFE – Mweya)

Abagize umuryango “Association des Parents pour l’Education et la Formation des Enfants-Mweya (APEFE – Mweya)”, bavuga ko yagambaniwe n’abasha kuyinyaga imitungo .

Niba  umuntu afashe  ideni muri banki, agatanga ingwate itariye banki ikabiha umugisha , bikomeje gutyo buri wese  agakora muri ubwo buryo , amaherezo azaba ayahe ?Izo manza zizakizwa na nde! Mu gihe bizwi ko mbere yo gutanga ideni  banki  igomba kubanza kureba niba ingwate ijyanye na dosiye  isabwa.

Umwe mu banyamuryango ba  APEFE –Mweya ati:”Mu mpapuro dufitiye kopi, zigaragaza ko  Ndakaza Laurent yatse ideni muri banki ya Kigali mu izina rya  Actions Des Parents Pour l’Education et La Formation Des Enfants (Apefe Mweya) agatanga ingwate ya  Association des Parents pour l’Education et la Formation des Enfants-Mweya (APEFE – Mweya).

Bamwe mu banyamuryango bati kuki BK,  yihutiye guha inguzanyo Ndakaza  hagasinwa  amasezerano mu gihe bivugwa ko hari abamara igihe kinini baka ideni ntibaribone basiragizwa ko hari ibyo batujuje.Ikizere BK, yagiriye Ndakaza gihatse iki? Niba atari  mafia yakozwe , ni  mpamvu ki Association des Parents pour l’Education et la Formation des Enfants-Mweya (APEFE – Mweya), yandikiye BK, iyisaba ideni bayitwereye  ngo ryishyurwe ariko banki ikabima amatwi!

Ni mwisomere,  inyandiko yatanzwe na RDB ariko yuzuzwa na Banki , igaragaza ufashe umwenda , utanze ingwate, aho iherereye n’agaciro kayo. Iyo uwatanze ingwate atandukanye n’ufata ideni habaho icyemezo cyo gutiza ingwate. Byose bisinyirwa imbere ya Noteri.

Amasezerano  na contrat nibyo Banki ishyira muri système ya RDB ingwate ikandikwa.

 

   Iyi yo ni contrat hagati ya Banki na Actions

Ndakaza yabwiye itangazamakuru ko  ideni  yarisanze , ariko iyo usomye inyandiko zose zirebana n’uburyo ideni ryatanzwe ( izo zo hejuru) , usanga byose ari Ndakaza na BK.Kuki Ndakaza  akwepa  ideni, avuga ko yarisanze kandi hari inyandiko  zigaragaza uko yaryatse?Inzego zikemure iki kibazo ejo bitamera nka article 15 ya Congo.

 

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *