CROIX-ROUGE RWANDA :Imbangukiragutabara yatanze mu Karere ka Bugesera na Gisagara zifasha indembe kugera ku bitaro.

Croix-Rouge Rwanda nk’umufasha wa leta  yatanze  imbangukiragutabara mu Karere ka Bugesera na Gisagara .Izo mbangukiragutabara zifasha abarwayi barembye cyane kandi batishoboye , cyangwa abagore bari ku nda kuko kubageza kwa muganga byari ingorabahizi.

Nkuko bitangazwa n’ubuyobozi bw’ibitaro bya Nyamata ngo Akarere ka Bugesera  kagizwe n’Imirenge 15. Buri umwe,  ufite ikigo nderabuzima. Kuvura abarwayi babagana  ngo hari igihe byarengaga   ubushobozi bwabo , bakabohereza ku bitaro by’Akarere . Kugezayo abarwayi byateraga  ingorane  bitewe n’ubuke bw’imbangukiragutabara. Ariko ibibazo byarakemutse kuko  Croix-Rouge Rwanda nk’umufasha wa leta yatanze amburence imwe yunganira izindi zisanzwe ku bitaro bya Nyamata.

Umuyobozi w’Ibitaro bya Nyamata mu Karere ka Bugesera, Dr Rutagengwa Wiliam, yavuze ko imbangukiragutabara bahawe na Croix-Rouge zatanze umusanzu ugaragara mu iterambere rya serivisi abagana ibi bitaro bahabwa.

Umuyobozi w’Ibitaro bya Nyamata  Dr Rutagengwa Wiliam na Mazimpaka Emanuel ,ukuriye ishami ry’itumanaho no gutsura umubano muri Croix Rouge y’u Rwanda ( Photo:Captone)

Uyu murwayi mureba ku ifoto hasi yitwa Ntawuziyandemye Emmanuel , twamusanze ku bitaro bya Kibirizi avuga ko,  bitewe n’uburyo yararembye iyo atagira imbangukiragutabara yatanzwe na Croix-Rouge Rwanda aba yarahasize ubuzima.

Ati:’Kuva Kirarambogo uza ku bitaro bya Kibirizi wakoresha hafi amasaha 10. Urembye ntiwagerayo wapfira mu nzira. Iyi mbangukiragutabara yamfashije kugera ku bitaro., nsubirana ubuzima . Njye na bagenzi banjye  tukaba dushima  Croix-Rouge Rwanda yatanze  amburence  igeza abarwayi ku bitaro .

Kayinamura Jean Baptiste , ukuriye abakorerabushake ba Croix-Rouge mu Karere ka  Gisagara  avuga ko abaturage bavugaga ko ibitaro bifite amburence nke  kandi nazo zishaje ku buryo zitashoboraga  kuvana  abarwayi mu bigo nderabuzima bitandukanye bitewe n’aho ibitaro biri.Nk’abakorerabushake ku cyifuzo cy’abaturage batse  imbangukiragutabata barayihabwa.

Amburence Croix-Rouge Rwanda yahaye ibitaro bya Kibirizi mu Karere ka Gisagara ( Photo:Gasabo.net)

Robert na Kayinamura Jean Baptiste , ukuriye abakorerabushake ba Croix-Rouge mu Karere ka  Gisagara ( Photo:Uwitonze Captone)

Ati:”Kuva yaza, habaye impinduka ikomeye cyane kandi abaturage barabyishimiye.Mbere ntibyashobokaga ko imbangukiragutabara iva i Mamba cyangwa Kirarambogo ngo igere ku bitaro bya Kibirizi kuko hari ibirometero hafi 30 .Ariko ubu birashoboka  kuko amburence  twahawe na Croix-Rouge Rwanda ( nkuko muyibona hasi ku ifoto ) iba  izenguruka ibigo nderabuzima bya Gikore, Gikonko, Kibayi ,Kansi, Kigembe ,na Mugombwa ijyana abarwayi ku bitaro bya Kibirizi.Cyangwa se ku bitaro bya kaminuza CHUB.

Umuyobozi w’Akarere ka Gisagara, Rutaburingonga Jérome, avuga ko Croix-Rouge  Rwanda nk’umufasha wa leta ifite gahunda nziza  yo gutera inkunga ibikorwa by’ubuvuzi, itanga  Imbangukiragutabara mu bitaro bitandukanye byo mu Rwanda.

Ati “:Iki gikorwa cya  Croix-Rouge y’u Rwanda ni icyo kwishimira kuko kizagabanya imfu z’abarwayi batishoboye baburaga uko bagera ku bitaro ngo bitabweho.”

Umuyobozi ukuriye gahunda za Croix-Rouge y’u Rwanda, Ndimbati Pierre Claver, yavuze ko uyu muryango muri  gahunda zayo , mu bushobozi ifite izageza imbangukiragutabara ku bitaro bitandukanye byo mu Rwanda.Cyane ko n’abakozi bita ku barwayi muri iyi gahunda ya amburence babihuguriwe

Ndimbati Pierre Claver yavuze ko Croix-Rouge ishaka gukomeza ibikorwa byo guha ibitaro imbangukiragutabara ( Photo:Jean Noel)

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *