Kaminuza ya FATEK iri hafi kurangiza ibyo yasabwe na HEC

FATEK ni kaminuza y’Itorero rya ADEPR mu Rwanda, ikaba itanga inyigisho za Tewoloji n’Ubuyobozi (Theology & Leadership Master’s Degree).

Ikaba imaze gutunganya ibyo yasabwaga n’ Inama Nkuru y’Amashuri Makuru na za Kaminuza (High Education Council, HEC), kugirango yemererwe gufungura  ishuri rikuru ryigisha Iyobokamana (Theology)ndetse itange na graduation ku baharangije.

Tariki ya 20 Ukuboza 2019,  ubwo twageraga kuri kaminuza ya FATEK, twasanze ubuyobozi bukora amanywa n’ijoro kugirango  ibyo  HEC yabasabye , birangire vuba.

Kuri kaminuza twakiriwe n’umuyobozi mukuru  Dr. Karake Musajya Vincent n’ushinzwe amasomo n’abanyeshuri Dominique n’abandi bagize staffs  badutembereza ikigo, ngo twihere amaso aho imirimo  igeze.

Nkuko mubyibonera ku mafoto hasi  inyubako zirimo guhindurwa:Ibyumba by’amasomo , inzugi n’amakaro byarangiye kujyamo hasigaye gutera amarangi kandi  ngo mu iminsi mike biraba bimaze gutungana.

 

 

 

Bwana Dominique ati:”Ngirango murabona ko byose byarangiye , hasigaye icyemezo cya HEC, ngo iduhe uburengenzira dufungure imiryango.Isomero (Library) rimeze neza cyane , computer Lab imashini zirimo n’umurongo wa internet n’ibindi byose nkenerwa mu kwigisha .”

FATEK yari yafungiwe imiryango n’Inama y’Igihugu y’Amashuri Makuru na za Kaminuza hamwe  n’andi mashuri makuru yigishaga iyobokamana nka New Life Ministries,  World Mission University (Kagugu), Authentic Kingdom University (AKU ya Zion Temple) n’African Theological University (Anglica Kabuga) mu itangira ry’uyu mwaka wa 2019 mu kwa Gatanu.

Umuyobozi wa FATEK yatangarije ikinyamakuru Gasabo  ko mu byo HEC yabasabye basa n’ababirangije.

Karake ati:” Isomero rijyanye n’igihe turimo (Library) ifite E-Learning  na Interineti ihoraho, byarangiye kera  naho mu bijyanye n’ikoranabuhanga  muri computer Lab dufite hafi imashini zisaga 70 , mbese ibintu hafi ya byose twamaze kubishyira ku murongo.”

Abayobozi ba FATEK  batweretse byose kandi imirimo iragenda neza,  ndetse banadutangarije ko hari n’abanyeshuri  baza gusura ikigo cyabo ngo barebe uko bihagaze .

Iyi kaminuza ya FATEK ,  ije ikenewe cyane nyuma y’uko insengero zitubatse neza zafunzwe mu Rwanda, amadini n’amatorero bigasabwa kugira abigisha ijambo ry’Imana babyigiye.

Uwitonze Captone

 

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *