Abafite Virusi itera Sida,ntibagihabwa akato nka mbere

Inzego zitandukanye zita ku buzima zirakangurira Abanyarwanda gukomeza kurwanya akato gahabwa abafite virusi itera SIDA kuko nabo ari abantu nk’abandi.   Abafite virusi itera SIDA bavuga ko ingamba zafashwe mu kwita ku banduye iki cyorezo no kugikumira byatumye badakomeza guhabwa akato nka mbere .

Umuyobozi w’Urugaga nyarwanda rw’ababana na Virusi itera SIDA (RRP+), Muneza Sylvie, avuga ko akato kabangamira gahunda zo kurwanya SIDA.

Ati “Ihezwa n’akato bikorerwa abafite virusi itera SIDA ni imbogamizi ibangamira gahunda zo kurwanya iki cyorezo kuko bica intege abashaka kwipimisha ndetse n’abari ku miti ntibayifate neza bisanzuye, kuko batinya gutakarizwa icyizere muri sosiyete batuyemo.”

Kuba ufite virusi itera SIDA, ntibikubuza gukora , kuko iyo ufata imiti neza bikugirira icyizere cy’ejo haza.Ni muri urwo rwego bamwe mu babana na virusi itera SIDA mu karere ka Musanze bafite amashyirahamwe atandukanye y’ubuhinzi.

Bwana Ntawukiramwabo Leonard w’imyaka 51 y’amavuko ni Perezida wa GIRUBUZIMA Nyange.

Avuga ko yamenye ko afite Virus itera Sida mu mwaka wa 2015 ahita atangira imiti nyuma y’uko umufasha we yari yitabye Imana mu mwaka wa 2014.

Agira ari “Nishimira cyane ko nabashije kwifatanya na bagenzi banjye bafite virus itera Sida n’abandi batayifite, ibi nibishimangira ko abantu bamaze kumenya uburyo bwo kudaha akato bagenzi babo, bitandukanye cyane n’uko mbere batuvugirizaga induru basa n’abaduhariye ivomo.”

Umuyobozi wungirije muri Koperative Duharanire amahoro iherereye mu Murenge wa Muko, Akarere ka Musanze, Bizimana Alphonse avuga ko abaturanyi bakimara kumenya ko yanduye  Virusi itera SIDA bamuhaye akato karenze ukwemera ndetse bituma  uwo bashakanye amuta yigira  Bugande.

Ati:”Aho nanyuraga hose bandyaniraga inzara, nakwanika imyenda ku  mugozi cyangwa igikombe nywereye abaturage bakabijugunya.

 

Agira ati “Abantu twari duturanye mu gipangu ntibatumaga nanika imyenda yanjye ku mugozi umwe ”

Uwitonze Captone 

 141 total views,  1 views today

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *